SOBANUKIRWA IBYAHISHUWE 12
Umugore
n’ikiyoka byerekana intambara ikomeye hagati yikiza n’Ikibi, Hagati y’abubaha
Imana, ndetse n’abashukwa n’Ikiyoka.
Ibyahishuwe 12:1-2 hagira hati, “Ikimenyetso gikomeye kiboneka mu ijuru, mbona umugore wambaye izuba, ukwezi kwari munsi y'ibirenge bye, ku mutwe yambaye ikamba ry'inyenyeri cumi n'ebyiri, 2kandi yari atwite. Nuko atakishwa no Uyu mugore ukiranuka wamabaye izuba ashushanya itorero ry’ukuri ry’Imana. Umwana awendaga kuvu yari Yesu , yamabaye n’ikamba ry’inyenyeri 12 ku mutwe we zishushanya intumwa 12 za Yesu . Iyi mvugoshusho yerekana ivuka ry’Itorero rya gikristo, mu kinyejana cya mbere mu itorero ry’intumwa .
Aka gace
hahinduka ku murongo wa 3&4 havuga ngo, “Mu ijuru haboneka ikindi
kimenyetso, mbona ikiyoka kinini gitukura gifite imitwe irindwi n'amahembe
cumi, no ku mitwe yacyo gifite ibisingo birindwi. Umurizo wacyo ukurura kimwe
cya gatatu cy'inyenyeri zo ku ijuru, uzijugunya mu isi. Icyo kiyoka gihagarara
imbere y'uwo mugore waramukwaga, kugira ngo namara kubyara gihereko kirye
umwana we kimutsōtsōbe.”
Ntagushidikanaya/mu
byukuri, Satani we kiyoka gitukura
yarwanyije bikomeye Yesu akiri umwana, akoresheje umwami Herode mu kwica abana bose babahungu bi Betelehemu
bagejeje imyaka 2 no munsi yayo, kuko yashakaga kwica Yesu, Mesiya akiri
uruhinja!
Ubwo umugambi we utari ugezweho, Satani
yakoresheje abayobozi mu byiyobokamana ndetse n’ubutegetsi bw;abaroma mu
kubamba Yesu. Ni kimwe nkuko bimeze na
anone, Satani akomeza gukora abinyujije mu bubasha mu byiyobokamana ndetse na
Leta kugira ngo agere ku mugambi we wo kugaba igitero ku mana n’abayikurikira. Bityo
rero, Satani ntiyigeze abona insinzi ubwo yabambaga Yesu ku musaraba, Kubera ko
ku munsi wwa gatatu Yesu yazutse akajya mu ijuru.
Ibyahishuwe
12:5 Bisobanuye ko, “Abyara umwana w'umuhungu uzaragiza amahanga inkoni
y'icyuma. Umwana we arasahurwa ajyanwa ku Mana no ku ntebe yayo.”
Yego, Yesu
yarazutse ava mu gituro ndetse “Azamurwa ku Mana” Aho akorera umurimo wo
kuduhagararira mu buturo bwera bwo mu ijuru.
Hagendewe ku Mateka n’Ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 7, Ibyahishuwe
12:6 hagira hati “6Uwo mugore ahungira mu butayu aho afite ahantu yiteguriwe
n'Imana, kugira ngo bamugaburirireyo kumara iminsi igihumbi na magana abiri na
mirongo itandatu.” Iby’imyaka 1260 yo
gukomera ku bupapa n’akarengane ko mu bihe by’umwijima kabayeho kuvamu mwaka
awa 538 NK- 1798 NK.
Ku muringo wa
7 kugeza ku wa 12 Havuga iby’intamabara iba hagati ya Mikayeli n’Ikiyoka, ndetse
n’insinzi y’abanesheje ikiyoka bagitsindishije amaraso ya Yesu Kristo.
Umurongo wa
13 kugeza ku wa 16 Havuga iby’ikiyoka, Cyangwa Satani, ukorera mu bupapa, mu
kurenganya umugore, ariwe torero ry’Imana ryukuri rihungishirizwa mu butayu.
Ibi turabizi neza kuko imyaka 1260 yongera
kuvugwa ku murongo wa 14. Niba ushaka
kumenya byinshi ku myaka 1260, reba akavidewo ka 13, kavuga Iby’imyaka 1260
y’intamara.
Ibyahishuwe12:17 hasozanya no kurakarira itorero ry'Imana kwa satani.Havuga ko azarwanya abasigaye b’Imana bitondera amategeko y’Imana
bakagira guhamya kwa Yesu.
Ubu satani
arakarira abasigaye b’Imana, bariho muri iyi minsi yanyuma, abantu bitondera
amategeko y’Imana, bakagira kwizera kwa Yesu.
Ni ingenzi gusobanukirwa yuko
twatangiye ibihe by’impruka mu 1844, Ubwo Yesu yinjiraga ahera cyane ho mu
buturo bwera bwo mu ijuru , Gusoza umurimo nk’umutambyi wacu mukuru.Reba
avavideo ka 1kugeza ku ka 6 maze urusheho gusobanukirwa umurimo Yesu arimo
akorera mu ijuru.
Ubuhanuzi bwo
mu byahishuwe 12 buhuza mu buryo bwuzuye n’amateka, ndetse n’Ubuhanuzi bwa
Daniyeli 7 n'uyu munsi, Satani
aracyakora anyuze mu bayobozi biby’iyobokamana na za leta z’isi, Nkuko yagenje
mu bihe byahise.
Satani arimo
gushuka abatuye isi kugira ngo bamukurikire binyuze mu kwiyoberanya k’ubupapa mu
mwambaro w’impuzamatorero, mu kugira batyo, abakristo benshi bubaha ndetse
bakanagandukira/bakiyegurira ubupapa, mu kubahiriza umunsi wo kuramyaho
w’itorero gatulika, ariwo cyumweru, aho gukukomeza amategeko y’Imana , harimo
n’umunsi wa karindwi wera ariwo Sabato y’Imana.
Uzarushaho kubisobanukirwa Ibi
muri gahunda yacu itaha, aho uziga ibiyambere mu isi yacu ndetse, nibigiye
kubaho bidatinze. Ndagusaba gukurikira
Umwami n’umukiza wacu byukuri, ariwe Yesu Kristo!
Reba videwo yose:
Comments
Post a Comment