ESE AMATEGEKO ARANGIRIRA KURI
KRISTO?
Igihe
Pawulo yavugaga ko amategeko asohorera kuri Kristo kugirango gukiranuka kuboneke.” mu
baroma 10:4 Yesu ntiyashakaga kuvuga ko yaje gukuraho amategeko cyangwa
kuyatesha agaciro.
Yesu ubwe Muri Matayo 5:17-18 agira ati “Mwitekereza ko naje gukuraho amategeko cyangwa ibyahanuwe.
Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza. Kandi
ndababwira ukuri
yuko
ijuru n'isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti
imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza
aho
byose bizarangirira.”
Ku
bw’ibyo rero, Yesu avuga yuko ataje gukuraho amategeko, kugeza aho ijuru n’isi bizashirira,
Amategeko akomeza kugira agaciro, Ntacyahindutse kuri ayo mategeko.
Gusobanukirwa amagambo ya Pawulo bitwerekeza ku ijambo rimwe.
Ijambo
ry’ikigiriki risemurwa nk’ “Iherezo” ni ijambo “Telos”. Umuzi wijambo Telos
ukomoka ku ijambo “tello”, Risonaura gutangira urugendo rwerekeza ahantu cyagwa
se kugera ku ntego runaka – Bityo rero, ibyo birasobanutse. Abaroma 10:4 Pawulo avuga yuko Yesu ariwe aho
hantu cyangwa se iyo ntego kugira ngo gukiranuka kuboneke.
Mu nvugo yoroheje, amategeko
yashyiriweho kutugaragariza ibyaha byacu. Pawulo adusobanurira ibyo mu Baroma 7:7 Nuko rero tuvuge iki? Amategeko ni
icyaha? Ntibikabeho! Icyakora simba
naramenye icyaha
iyo ntakimenyeshwa n'amategeko, kuko ntaba naramenye kwifuza iyaba
amategeko atavuze ngo“Ntukīfuze.”
(Pawulo) Ntiyarikumenya
icyaha iyo hatabaho amategeko. Iyo twitegereje amategeko aduhishurira ibyaha
byacu, Ariko amategeko ntambaraga afite zo kudukiza icyaha, bityo, atwerekeza
kuri Kristo Kugira ngo tubone agakiza nao gukiranuka. Yesu rero,niwe ntego
kugira ngo gukiranuka kuboneke ku wizera wese.
Iyo amategeko aduhishuriye ibyaha byacu, dusanga Yesu twicuza ibyaha byacu “. Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose.” 1 Yohana 1:9.
Bityo rero, bemeranya Pawuro muri aya magambo yo Warumi 7:12 aho avuga ko amategeko ni ayera, ndetse n'itegeko ryose ni iryera, rikiranuka kandi ari ryiza.” Mu mpera z’igitabo cy’Ibyahishuwe 22:14. Yohana avuga yuko “Hahirwa abamesa imyenda yabo, kugira ngo babashe kwegera igiti cy’ubugingo ngo babashe no kwinjira muri urwo rurembo.

Comments
Post a Comment