Isabato
Mu itangiriro 2:3 Bibibiliya iragira iti “Imana iha
umugisha umunsi wa
karindwi iraweza”ubwo yaremaga.
Isabato
ni ingenzi kubera ko Imana yayishyize mu mategeko cumi yayo. Itegeko rya kane
ni, Umunsi wa karindwi ni umunsi w’Uwiteka (Kuva 20:6-11). Isabato yizihizwa
kuva izuba rirenze kugeza ryongeye kurenga. Ku bwibyo rero, Isabato itangira
aho bakunze kwita kuwa gatanu na
ikarangira (aho bakunze kwita kuwa gatandatu izuba rirenze). Kutva 23:32
Kuva
31:12-17 hatwereka yuko ISabato ari ikimenyetso hagati Y’Imana n’abantu bayo,
Ikimenyetso cyuko Imana ariyo itweza.Imana yamenyesheje abantu bayo Isabato
ubwa yabavanaga muri Egiputa, Bubahirizaga Isabto na mbere yuko ibatangariza
amategeko (10) ku musozi sinayi (Kuva 16:22-27).
Luka
4:14-16 Hatubwira yuko Yesu yaziririzaga Isabto, ndetse no mu Byakozwe 18:1-5 Intumwa, abayahudi
n’abanyamahanga bazirizaga Isabato.
Muri
Yesaya 66:23 hatwereka ko Isabato izakomezwa kwererezwa no mu isi nshya, tega
amatwi aya magambo meza. Muri Yesaya 58:13-14 “13“Nuhindukira ntukandagire
isabato, ukanga gukora ibyo wishakiye ku munsi wanjye wera, ahubwo ukita
isabato umunezero, umunsi wera w'Uwiteka ukawita uw'icyubahiro ukawubaha, ntube
icyigenge ntiwishakire ibyo kwinezeza, ntiwivugire ibyo ushaka ku bwawe, nuko
uzishimira Uwiteka nanjye nzaguha kurambagira mu mpinga z'igihugu, kandi
nzagutungisha gakondo ya sogokuruza Yakobo.” Akanwa k'Uwiteka ni ko kabivuze.”
Reba videwo hano:
Comments
Post a Comment