ESE KOKO YESU NI IMANA?
Benshi
bibaza iki kibazo bati: Ese Yesu ni Imana?Ese yaba yarivuzeho ko ari Imana?
Hari ibihamya byo muri Bibiliya bihamaya ko Yesu ari Imana? Nejejwe no
kukubwira nti :”yego”. Nimureke
dusuzume impamvu eshanu (5) zihamya ibyo.
Imana
Data yita Yesu Imana muri (Zaburi 45:6 na& Abaheburayo 1:8)
Yesu ubwe yahamije ko
ari Imana, Ubwo umutambyi mukuru yavugaga amagambo aboneka muri Mariko
14:61-62 “Mbese ni wowe Kristo koko, Umwana w'Imana
idahinyuka?”
(Kuva 3:14-15, Abakorinto 10:1-11)
Yesu yabazaga abigishwa be
ati “Abantu bagira ngo Umwana w'umuntu
ndi nde?” Yesu yahamije ihishurwa ryahawe Petero ko Yesu ari
Imana muri Matayo 16:16.
Mu gitabo cya Luka Yesu
avuga ibyo kuba Imana n;umuntu kwe, n’impamvu yamuzanye mu isi,ubwo muri Luka
19:10 yavugaga ati“kandi Umwana w'umuntu
yazanywe no gushaka no gukiza
icyari cyazimiye.” None reka nkubaze, none ninde wari kubasha gukiza umuntu atari Imana
gusa?
Jambo
yahoranye n’Imana, kandi uwo Jambo niwe waremye byose. (Yohana 1:1,3 ,Abakolosayi
1:16)
Mbese ni wowe Kristo koko, Umwana w'Imana
idahinyuka?”
Yesu aramusubiza
ati “Ndi
we,
kandi muzabona Umwana w'umuntu
yicaye iburyo bw'ubushobozi bw'Imana aje ku bicu
byo mu
ijuru.”
# Igihamya cya1: Mbere
na mbere, Umutware w’ijuru n’isi. Mungu yita Yesu Imana! Ibi tubisanga muri
Zaburi 45:6 no mu Bahehurayo
1:8 Imana yahamije umwana wayo ubwo yavugaga iti “Intebe yawe Mana, ni iy'iteka
ryose, Inkoni
y'ubugabe bwawe ni inkoni yo gukiranuka.”
# Igihamya cya
2: Yesu yahamije ko ari Imana,
Ubeo umutambyi mukuru yavugaga amagambo aboneka muri Marko 14:61-62 ““Mbese ni wowe Kristo koko,
Umwana
w'Imana idahinyuka?”
Yesu aramusubiza ati “Ndi
we, kandi muzabona Umwana w'umuntu
yicaye iburyo bw'ubushobozi
bw'Imana
aje
ku bicu byo mu
ijuru.” Igisubizo cya Yesu ngo “Ndiwe” ni kimwe n’icyahawe Mose ku
gihuru kigurumana ubwo yabazaga Imana izina ryayo.
Kuva 3:14-15 “Imana isubiza Mose iti “NDI UWO NDI WE.” Kandi iti
“Abe ari ko uzabwira Abisirayeli uti ‘NDIHO yabantumyeho.” Kandi Imana ibwira Mose iti “Abe ari ko uzabwira Abisirayeli uti
‘UWITEKA, Imana ya ba sekuruza banyu,
Imana ya
Aburahamu,
Imana ya Isaka,
Imana ya Yakobo yabantumyeho,
iryo ni ryo zina ryanjye iteka ryose, urwo ni rwo rwibutso rwanjye ruzahoraho ibihe
byose.”
Iyi niyo mpamvu aumutambyi mukuru atashimishijwe nayo magambo, mu kumusubiza kuriya ntiyari avuze ko ari Imana
gusa, ahubwo yavuze ko ari n’Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka n’Imana ya
Yakobo.
Ibi ushobora kubibona nk’iyerekwa rishya. Bibiliya
mu isezerano rya kera yerekana ko Yesu ari umwe mu bagize ubutatu bwera,
Wayoboye abantu mu gihugu cy’isezerano binyuze muri Mose. Intumwa Pawulo
abihishuriwe na Mwuka muziranenge mu Bakorinto 10:1-11 avuga ko Yesu yari kumwe
na Mose n’abisiraheli mu butayu. Ku murongo wa 4 Pawulo asobanura ko igitare
cy’umwuka cyabakurikiraga ari Kristo! Ku
murongo wa 9 Pawulo atubwira yuko bagerageje Yesu mu butayu bakaribwa n’inzoka.
# Igihamya
cya
3: Ubwo Yesu yabaza abigishwa bw
ati :
“Abantu bavuga ko ndinde?”
Yesu Yahamije iyerekwa ryahawe Petero ko ari Yesu Kristo muri Matayo 16:16
ubwo yavugaga ati :
“Urahirwa
Simoni wa Yona, kuko umubiri n'amaraso atari byo byabiguhishuriye, ahubwo ni Data wo mu ijuru.”
# Igihamya cya 4: Mu gitabo cya Luka, Yesu ibyo kuba
Imana n’umuntu kwe, ndetse n’impamvu yamuzanye mu isi.
Muri Luka 19:10 aragiraati “ kandi Umwana w'umuntu yazanywe no gushaka no gukiza icyari cyazimiye.”
None reka nkubaze, ninde wari kubasha gukiza uwari wazimiye atari Imana?
Igisubizo kiboneka mu Byakozwe n’intumwa 4:12 “Kandi nta wundi
agakiza kabonerwamo, kuko ari nta
rindi zina munsi y'ijuru ryahawe abantu, dukwiriye
gukirizwamo.” Abakristo
bizera Bibiliya bemera Imana nk’umuremyi, Ariko si Imana Data ahubwo ni Yesu Wabiremye.
# Igihamya cya 5.
Ese
Yesu ni mutu ki?
Ngaho irebere uno murongo uhamya Yesu muri. Yohana
1:1,3 “Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo
yahoranye n'Imana kandi
Jambo yari Imana. Ibintu byose ni we wabiremye, ndetse mu byaremwe byose nta na
kimwe kitaremwe na we.”
Dushingiye kuri
ibi: Jambo uwo yahoranye n’Imana, Ndetse uwo jambo akaba n’Imana.
None ubwo Jambo ni muntu
ki?
Muri
Yohana 1:14 Bibiliya itubwira ko Jambo uwo yihinduye umuntu akabana natwe. Yesu
Mu bagize ubutatu bwera Yesu gusa niwe wihinduye umuntu. Bityo rero, Yesu niwe
Jambo, Yesu niwe Muremyi.
Ni ba ugifite urujijo, soma mubaheburayo 1:1-2 “Kera Imana yavuganiye na ba
sogokuruza mu kanwa k'abahanuzi mu bihe byinshi
no mu buryo bwinshi,
naho
muri
iyi minsi y'imperuka yavuganiye natwe mu kanwa k'Umwana wayo,
uwo yashyiriyeho kuba
umuragwa wa byose ari we yaremesheje
isi.”.
Abakolosayi
1:16 “kuko muri we ari mo byose byaremewe,
ari ibyo mu
ijuru cyangwa ibyo mu isi, ibiboneka n'ibitaboneka, intebe z'ubwami n'ubwami bwose, n'ubutware bwose n'ubushobozi bwose.
Ni we wabiremye byose kandi
rero ni na we byaremewe.”
Mu
Byahishuwe 14:7 turarikirwa Kuramya
uwaremye ijuru n’isi n’inyanja n’amasoko. Mu yandi magambo dukwiye kuramya
umuremyi w’ijuru n’isi.
Matayo
28:18-20 “Nuko Yesu arabegera avugana na bo ati “Nahawe
ubutware bwose mu ijuru no mu isi. Nuko mugende muhindure abantu bo mu mahanga yose
abigishwa, mubabatiza mu izina
rya Data wa twese n'Umwana n'Umwuka Wera, mubigisha
kwitondera
ibyo
nababwiye byose. Kandi dore ndi
kumwe namwe iminsi yose kugeza ku mperuka y'isi.”
Comments
Post a Comment