AGAKIZA
NI IMPANO IVA K’UWITEKA
Mbere
na mbere, Menya yuko Imana igukunda : “ Kuko Imana yakunze abari
mu
isi cyane, byatumye itanga
Umwana wayo w'ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka,
ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.” (Yohana
3:16)
Icya kabiri, Sobanukirwa nuwo uriwe: “kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikīra ubwiza bw'Imana,” (Warumi 3:23)
“Nituvuga yuko ari nta
cyaha dufite tuba twishutse, ukuri
kuba kutari muri
twe.”
(1Yohana 1:8)“kuko ibihembo by'ibyaha
ari urupfu, ariko impano y'Imana
ni ubugingo buhoraho muri Yesu
Kristo Umwami wacu.”
(Abaroma 6:23)
Icya gatatu ni ukwatura ibyaha byacu:
“Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose. (1Yohana 1:9)
Icya kane, Kwemera agakiza binyuze mu maraso ya Kristo: “Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'umwuka yo mu ijuru. Niwe waduhesheje gucungurwa ku bw'amaraso ye, ari ko kubabarirwa ibicumuro byacu nk'uko ubutunzi bw'ubuntu bwayo buri (Abefeso 1:3,7).
Icyanyuma, Izere Yesu nk’umukiza wawe:
“kuko umuntu
wese uzambaza
izina ry'Umwami
azakizwa..” (Abaroma 10:13). Komeza gukurira muri Kristo hamwe no
gusenga buri munsi, Wakire Mwuka wera ature mu mutima wawe, aho ukorera, ndetse
unasangize abandi ibyo wasomye.
Comments
Post a Comment